Andi Makuru

U Rwanda rwanenze Urukiko rw’i Londres rwavuze ko ari ahantu hadatekanye

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko umwanzuro w’urukiko rw’Ubujurire rw’i Londres mu Bwongereza ku bimukira, ureba urwego rw’ubutabera bw’u Bwongereza, bityo ko bitumvikana uburyo urukiko ruvuga ko u Rwanda atari igihugu gitekanye ku bimukira n’abashaka ubuhungiro.

Ni nyuma y’umwanzuro w’Urwo rukiko rwanzuye ko gahunda ya Guverinoma y’icyo gihugu yo kohereza mu Rwanda abimukira binjiye rwihishwa, inyuranyije n’amategeko.

Ubwo yasomaga iki cyemezo, Umucamanza Ian Burnett, yavuze ko na we atemera ko abimukira bazaba bafite ibyago byo kuvanwa mu Rwanda bajya mu bihugu byabo, ariko ngo “si igihugu gitekanye aba bimukira bacumbikirwamo mu gihe ubusabe bwabo bugisuzumwa.”

Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, yanenze ibyatangajwe n’uru rukiko, ashimangira ko u Rwanda ari igihugu kiri mu bitekanye ku Isi n’intangarugero mu kwita ku mpunzi.

Ati “U Rwanda ni kimwe mu bihugu bitekanye ku Isi kandi rwemewe na HCR n’indi miryango mpuzamahanga kuba intangarugero mu kwita ku mpunzi. Twateye intambwe ifatika mu guhangana n’ibibazo bitera ubwiyongere bukabije bw’abimukira.”

Makolo yavuze ko u Rwanda ruzi uburemere bwo kuba umuntu yahunga akava mu gihugu cye no kuba yajya gutangira ubuzima ahandi.

Ati “Nka Sosiyete, nka Guverinoma, twubatse ahantu hatekanye, hakwiye, hiyubashye hatuma abimukira n’impunzi bagira uburenganzira bumwe n’amahirwe nk’Abanyarwanda.”

Yakomeje agira ati “Buri wese wimukiye hano binyuze muri ubu bufatanye, azabwungukiramo”.

Yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukora ibyo rusabwa kugira ngo ubu bufatanye bugerweho, kugira ngo buce burundu icuruzwa ry’abantu rikorwa hitwaje ko ari abimukira.

Ati “Ubwo abimukira bazaba baje [bageze mu Rwanda], tuzabakira tubahe ubufasha bakeneye kugira ngo batangire ubuzima bushya mu Rwanda.”

Nyuma y’iki cyemezo cy’urukiko rw’ubujurire, bivuze ko inzira isigaye ari ukwitabaza Urukiko rw’Ikirenga.

Ni icyemezo kitaza kugwa neza ubuyobozi bw’u Bwongereza, bwifuzaga umuti urambye ku kibazo cy’abimukira bakomeza kwisuka mu gihugu mu buryo butemewe, bakoresheje ubwato butoya.

Mu 2022 nibwo u Rwanda n’u Bwongereza byasinye amasezerano, azatuma u Rwanda rwakira abimukira bageze mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko.

Mu gihe bageze mu Rwanda, bazajya bahabwa ibyangombwa by’ibanze, abashaka kuhaba bafashwe gutangira ubuzima, abashaka ibindi bihugu bibakira babihashakire ndetse n’abashaka gusubizwa iwabo bafashwe.

U Bwongereza buvuga ko bizaca intege abakomeje kwishyira mu kaga bakinjira muri icyo gihugu nta burenganzira bwo kucyinjiramo bafite, bigafasha Leta kandi kugabanya ikiguzi itanga ngo ibiteho mu gihe haba hatarafatwa umwanzuro ku kubaha ubuhungiro cyangwa kubasubiza aho baje baturuka.

U Bwongereza bwiyemeje gufasha u Rwanda kwita kuri abo bimukira mu gihe dosiye zabo zikigwa ndetse no gutanga umusanzu kugira ngo batangire ubuzima bushya.

Byari biteganyijwe ko abimukira ba mbere bagera mu Rwanda muri Nyakanga 2022 ariko byaje guhagarikwa n’urukiko ku munota wa nyuma kuko imiryango irengera abimukira mu Bwongereza yatanze ikirego ivuga ko bitubahirije amategeko.
igihe

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 5

  1. Hey would you mind sharing which blog platform you’re using? I’m going to start my own blog in the near future but I’m having a hard time making a decision between BlogEngine/Wordpress/B2evolution and Drupal. The reason I ask is because your design and style seems different then most blogs and I’m looking for something unique. P.S Apologies for getting off-topic but I had to ask!

  2. Thanks for the suggestions shared on your blog. Yet another thing I would like to convey is that weight loss is not information about going on a dietary fad and trying to get rid of as much weight as possible in a few days. The most effective way to burn fat is by getting it slowly and right after some basic suggestions which can provide help to make the most out of your attempt to lose weight. You may be aware and already be following most of these tips, but reinforcing know-how never affects.

  3. Simply wish to say your article is as surprising. The clearness on your post is simply nice and that i can suppose you are a professional on this subject. Fine together with your permission allow me to snatch your RSS feed to stay updated with forthcoming post. Thanks one million and please continue the enjoyable work.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button