Andi Makuru

Sena yafashe umwanzuro wo gutumiza Minisitiri w’Intebe kubera ibibazo by’uruhuri bivugwa mu midugudu

Inteko Rusange ya Sena yafashe umwanzuro wo gutumiza Minisitiri w’Intebe kugira ngo azatange ibisobanuro mu magambo ku ngamba zo gukemura ibibazo biri mu Midugudu y’icyitegererezo n’indi Leta ituzamo abadafite aho baba.

Ibi bibazo byagaragajwe muri raporo ya komisiyo idasanzwe yashyizweho na Sena yari yahawe inshingano zo kubicukumbura mu gihe cy’ukwezi abayigize bamaze bazenguruka hirya no hino mu gihugu ahasuwe igera kuri 67 irimo 36 y’icyitegererezo na 31 isanzwe.

Leta y’u Rwanda itangiza gahunda y’imidugudu hari hagamijwe gutuza neza abari batuye ahantu hashobora gushyira mu kaga ubuzima bwabo, kwegereza abaturage ibikorwaremezo, gukoresha neza ubutaka, kurengera ibidukikije n’ibindi.

Nubwo hari intambwe nziza yatewe komisiyo yagaragarije Sena ko hari ahakiri ibibazo ndetse bikomeye bibangamiye iterambere n’imibereho myiza byari byitezwe.

Muri ibyo bibazo harimo iby’inzu zishaje zigwiriyemo izubakiwe abarokotse jenoside ikirangira ku buryo hari n’izidakwiriye guturwamo. Hari izo bene zo bavamo bakajya kugama iyo imvura iguye nk’uko Perezida wa Komisiyo, Senateri Mureshyankwano M. Rose yabisobanuye.

Hari na none inzu zikiri nshya ariko kubera ko zubatswe nabi usanga zimwe ziva, izindi zifite ibyo zibura nk’imireko n’ibigega bifata amazi y’ibisenge bigatuma yangiza aho anyuze.

Igiteye impungenge ku buzima bw’abantu ni ukuba hari aho amatiyo agenewe gutwara umwanda wo mu bwiherero ahabugenewe adakora neza bigatuma umwanda utobokera mu nzu zo hasi [mu Midugudu y’amagorofa].

Senateri Mureshyankwano yavuze ko abatuye mu Midugudu bagaragaje ibindi bibazo by’ingutu birimo kutagira ibicanwa [biogas zari zihanzwe amaso ntizikora], kutagira amazi ndetse hamwe WASAC ikaba yarafungiye abari bayafite kubera kubura ubwishyu.

Mu Midugudu 36 y’icyitegererezo yasuwe igera kuri 23 ni yo ifite amazi mu gihe mu isanzwe 31 igera kuri 19 ni yo iyafite. Amashyanyarazi kugeza ubu ngo ntaragezwa mu Midugudu yose kuko muri 67 yasuwe, muri 31 isanzwe igera kuri 7 ntigira amashyanyarazi mu gihe mu y’icyitegererezo 36 umwe ari wo utayagira.

Ibindi birimo kutagira amasambu yo guhinga n’abayafite akaba ari kure y’aho batujwe, kubura ibiribwa kubera ko nta kazi bafite, umwanda utuma hari abarwaye amavunja n’inda n’ibindi.

Abasenateri kandi bagaragarijwe ko hari abatujwe mu Midugudu badafite uko babona ubwatsi bw’amatungo, abahabwa inka badashoboye kuzorora, ababura isoko ry’amata ndetse imicungire y’imishinga ibaherekeza ikaba irimo ibibazo bituma ihomba rugikubita.

Igenamigambi riciriritse n’uburangare bw’inzego z’ibanze

Komisiyo yakoze isesengura kuri ibyo bibazo yatangaje ko yaganiriye na ba Guverineri b’Intara zose z’igihugu bakemera mu buryo budashidikanywaho ko mu Midugudu harimo ibibazo.

Mu mpamvu zibitera harimo imishinga yo kwimura abaturage itegurwa mu buryo butanoze, uburangare bw’abayobozi mu gihe cyo kwakira inyubako bituma hakirwa n’izifite ibibazo, kudakurikirana imishinga iherekeza abatujwe mu midugudu n’ibindi.

Hagaragajwe n’ikibazo cy’abaturage bashaka gukomeza gutega amaramuko kuri leta ngo ibe ari na yo ibashakira ibibatunga, abatita ku gusana ibyangiritse ku nzu bahawe, abazikodesha n’abakoresha uburiganya kugira ngo babashe kuzihabwa.

Nk’uko bikubiye mu butumwa buri muri filime mbarankuru Komisiyo yakoze mu gihe yazengurukaga mu Ntara, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel yabwiye abasenateri ko ari ikimwaro ku bayobozi kuba hari ibyapfuye kandi bahari babirebera.

Habitegeko François uyobora Intara y’Iburengerazuba yavuze ko igikorwa cy’abasenateri cyakanguye abayobozi babona ko hari amakosa akwiye gukosorwa. Ytanze urugero rw’Umudugudu wa Rugerero aho abagombaga kuhatuzwa byagaragaye ko bazajya bakora urugendo rw’ibirometero 40 ku munsi bagiye ku masambu yabo bituma babihindura kuko basanze harimo imvune.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice we yavuze ko ibibazo bihari bishingiye ku burangare mu gukurikirana abaturage bityo ko ubuyobozi nibubegera hari ibizakemuka.

Abasenateri bamaze kungurana ibitekerezo bemeje umwanzuro wa Komisiyo idasanzwe wo guhamagaza Minisitiri w’Intebe kugira ngo azatange ibisobanuro mu magambo ku ngamba ziteganyijwe mu gukemura ibyo bibazo.
flzdnbhxiaegd352-3d9ff.jpg

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 4

  1. F*ckin? tremendous issues here. I am very satisfied to peer your post. Thank you so much and i am having a look forward to contact you. Will you please drop me a mail?

  2. I really learned a lot because of you. I enjoyed reading what you had to say. Thumbs up! You appear to know a lot about this. I used instant access I really learned so much because of you. Nice read. Nice read. This is an excellent, an eye-opener for sure! Great post! It’s really a shock you do not have more followers. Great read. Thumbs up! Great read. I really like your article. This is an excellent, an eye-opener for sure! You are obviously very knowledgeable.

  3. Lederer’s work is a tribute to horological legends, yet his creations transcend tradition. One of his greatest achievements, the Central Impulse Chronometer, is a breakthrough in watchmaking. With each creation, Lederer merges classic mastery with visionary thinking, crafting timepieces that defy expectations. A guardian of tradition and an architect of tomorrow, he transforms unseen complexities into mesmerizing simplicity, inviting collectors to witness the impossible brought to life.

  4. Greetings from Maine. Great post! Hit me up! I really look forward to new updates from you. Have you ever heard of bighammer wines? I sure don’t understand a whole lot on the subject matter but I will keep coming back to this website so I can learn more. It’s like you wrote the book on it or something. You’ve made my day! Thx again. This is an excellent, an eye-opener for sure! I might not understand a whole lot on this topic but I’ll come back to your blog so I can discover more. I enjoyed reading what you had to say. Hit me up! Your article has proven useful to me. Good job on this article! I truly appreciate this post. You are obviously very knowledgeable. I always look forward to fresh updates from you.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button