Andi Makuru

U Rwanda na RDC byahuje imbaraga mu kurwanya ubucuruzi bwa zahabu bukorwa n’imitwe yitwaje intwaro

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kwimakaza umucyo mu bucukuzi n’ubucuruzi bwa Zahabu hagamijwe guhashya ubucuruzi bwayo bukorwa n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri RDC.

Aya masezerano y’ubufatanye yashyizweho umukono ku wa 26 Kamena 2021, ubwo Perezida Kagame yasozaga uruzinduko rw’umunsi umwe yagiriraga mu Mujyi wa Goma muri RDC.

Ni uruzinduko rwaje rukurikirana urundi mugenzi we wa Congo, Félix Antoine Tshisekedi yagiriye mu Rwanda ku munsi wari wabanje.

Amakuru dukesha Radio-Canada, avuga ko ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amasezerano ku kunoza ubucuruzi bwa zahabu yashyizweho umukono na Société Aurifère du Kivu et du Maniema (Sakima S.A), mu gihe uruhande rw’u Rwanda rwari ruhagarariwe na Dither Ltd.

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa RDC yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa ko aya masezerano agena ko hazabaho ubufatanye mu bijyanye no gushyiraho uburyo bwo gucukura no gucuruza Zahabu binyuze mu mucyo.

Ati ”Hazabaho ugufatanya hagati y’ibi bigo bibiri, aho bizagenzura urugendo rwose kuva mu gucukura bizakorwa na Sakima kugeza mu gutunganya bizakorwa na Dither SA.”

Yakomeje avuga ko aya masezerano y’ubufatanye kandi azakumira imitwe yitwaje intwaro yagaragaraga muri ubu bucuruzi bwa Zahabu.

Ati “Imitwe yitwaje intwaro yakoreshaga Zahabu mu kubona amafaranga ayifasha mu ntambara ntabwo izaba ikibashije gucukura cyangwa ngo igurishe ku masoko mpuzamahanga.”

Raporo yakozwe kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu 2020, igashyikirizwa Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano, yagaragaje ko kimwe mu bibazo bituma umutekano muri icyo gihugu utaboneka, ari imitwe y’iterabwoba n’inyeshyamba zikorera mu Burasirazuba bwa Congo, kandi zose zigatungwa n’amabuye y’agaciro zicuruza mu bihugu by’amahanga.

Bibarwa ko Uburasirazuba bwa Congo bukoreramo imitwe y’inyeshyamba irenga 130, yose ivuga ko ifite impamvu z’intambara imbere muri RDC ndetse no mu bihugu icyenda bihana imbibi nayo.

Ubucukuzi bwa Zahabu no kuyitunganya ni rumwe mu rwego ruri gutera imbere cyane mu Rwanda, aho imibare yo mu Ugushyingo 2020 ya Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yagaragaje ko umusaruro wavuye muri zahabu, wazamutseho 754,6%.

Imibare y’Ikigo cy’u Budage gishinzwe Umutungo Kamere yerekana ko buri mwaka RDC itanga umusaruro wa Zahabu ubarirwa hagati ya toni 14 na 20 ku mwaka, zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 543$ na miliyoni 812$. Nubwo bimeze gutya ariko ubucukuzi bwa Zahabu n’andi mabuye y’agaciro muri iki gihugu bwakunze kurangwa n’akavuyo ahanini biturutse ku bibazo by’umutekano muke.

Raporo y’Ikigo IMPACT gikora mu bucuruzi bwa zahabu mu Karere, iheruka kugaragaza ko u Rwanda mu 2014 rwatangaje ko rwavanye miliyoni 8,1$ mu “yandi mabuye y’agaciro” yoherejwe mu mahanga arimo na zahabu, yaje kugera kuri miliyoni 80,06$ mu 2016.

Igenzura ryakozwe n’Ikigo cy’Abanyamerika ku musaruro wa zahabu mu Rwanda ryagaragaje ko wari 160 kg mu 2014 na 319 kg mu 2015. Naho itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziheruka kuvuga ko u Rwanda rwohereje mu mahanga 2163 kg bya zahabu mu 2018.

Iterambere ry’ubucuruzi bwa Zahabu ryatangiye kugaragara cyane mu 2019 ubwo mu Rwanda hatangizwaga uruganda rutunganya zahabu ruzwi nka Aldango Ltd., rugaragaza ko rufite ubushobozi bwo gutunganya 220 kg ku munsi na toni esheshatu ku kwezi.
02b94a6ce930597687767f32ac0194.jpg

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 147

  1. Today, with all the fast chosen lifestyle that everyone is having, credit cards have a big demand throughout the market. Persons coming from every area of life are using the credit card and people who aren’t using the credit cards have prepared to apply for one. Thanks for spreading your ideas on credit cards.

  2. Dakota here — I’ve tried portfolio tracking and the trustworthy service impressed me. Great for cross-chain swaps with minimal slippage.

  3. It is actually a great and useful piece of information. I?m satisfied that you shared this useful information with us. Please keep us informed like this. Thanks for sharing.

  4. I’ve been using it for a few days for cross-chain transfers, and the stable performance stands out. The dashboard gives a complete view of my holdings.

  5. Thanks for discussing your ideas. The first thing is that learners have an option between national student loan and a private education loan where it truly is easier to choose student loan consolidation than in the federal student loan.

  6. Hiya, I am really glad I’ve found this information. Nowadays bloggers publish just about gossips and internet and this is actually irritating. A good site with exciting content, this is what I need. Thanks for keeping this site, I’ll be visiting it. Do you do newsletters? Can’t find it.

  7. Thanks for sharing superb informations. Your site is so cool. I’m impressed by the details that you have on this blog. It reveals how nicely you perceive this subject. Bookmarked this web page, will come back for extra articles. You, my friend, ROCK! I found just the information I already searched all over the place and just couldn’t come across. What a great website.

  8. Good post. I study one thing tougher on completely different blogs everyday. It is going to always be stimulating to read content material from other writers and apply just a little something from their store. I?d want to use some with the content on my blog whether or not you don?t mind. Natually I?ll provide you with a link in your net blog. Thanks for sharing.

  9. I personally find that i’ve been active for almost a year, mostly for fiat on-ramp, and it’s always stable performance. Great for cross-chain swaps with minimal slippage.

  10. This is without a doubt one of the greatest articles I’ve read on this topic! The author’s extensive knowledge and passion for the subject shine through in every paragraph. I’m so thankful for finding this piece as it has enriched my understanding and sparked my curiosity even further. Thank you, author, for taking the time to produce such a outstanding article!

  11. Wow! This can be one particular of the most beneficial blogs We have ever arrive across on this subject. Actually Wonderful. I’m also a specialist in this topic therefore I can understand your hard work.

  12. I do not even know the way I finished up right here, but I assumed this submit used to be great. I do not recognise who you are however definitely you are going to a well-known blogger in the event you aren’t already 😉 Cheers!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button